Admin Login    |     CSA Alumni Platform
  • Home (current)
  • About
  • Web contents
    News or Posts
    Entertainment
    Sports
  • Students Career guidance
  • DMS
  1. Home
image not available
  • 2025-10-20
  • admin
  • Ihererekanyabubasha
  • 117Views

UMUHANGO WO GUHEREREKANYA UBUBASHA

Ku wa 19 Ukwakira 2025, Muri College Saint Andre, habaye igikorwa cy'ihererekanyabubasha hagati y'abari abayobozi bahagarariye Inzego zishamikiye ku Nteko Rusange y'Ababyeyi, arizo Komite Nyobozi na Komite Ngenzuzi.

Iki gikorwa cyayobowe n'Umuyobozi wa College Saint Andre, Padiri NSABIREMA Egide, Cyaranzwe n'ubufatanye, ishimwe n'ubutumwa bw’'humure n'icyizere ku bayobozi bashya.

Padiri Mukuru wa College Saint Andre, Padiri NSABIREMA Egide.


Umuyobozi wa Komite Nyobozi ucyuye igihe yashimiye inzego zose bakoranye, cyane cyane ubuyobozi bwa College Saint Andre ku bufatanye bwiza bagiranye. Yagaragaje ko urugendo rwabo rwari urwo guharanira iterambere ry'ishuri no kwesa imihigo, asaba umuyobozi mushya gukomeza aho bari bageze. Yamusabiye ishya n'ihirwe mu nshingano nshya.

Umuyobozi mushya Prof NDANGUZA RUSATSI Denis yagaragaje ibyishimo n'ishimwe ku cyizere yahawe n'ababyeyi, anizeza ubufatanye n'inzego zose z'ishuri mu rwego rwo gukomeza guharanira iterambere ry'ishuri. Yagarutse ku kamaro k'ubufatanye mu kuzuza inshingano zireba buri wese.

Perezida wa Komiye Nyobozi Prof NDANGUZA RUSATSI Denis.

Mu gusoza, Padiri NSABIREMA Egide yashimiye abayobozi basoje inshingano, barimo Bwana RUTEMBESA Bonny Epimaque na Madame NYIRARUGWIRO Marianne ku ruhare rwabo mu guteza imbere ishuri n'imibereho myiza y'abanyeshuri. Yasabye abayobozi bashya Prof NDANGUZA RUSATSI Denis na MUREKARANGWE Illuminee nabo bazafatanya gukomeza guharanira ubusugire bw'iterambere ry'ishuri mu miyoborere myiza, imibereho myiza n’ubukungu. Yabasabiye umugisha mu nshingano nshya bahawe.

Umwanditsi: Jean Chrysostome RUKUNDO

Categories

  • News or Posts 12
  • Entertainment 2
  • Sports 0

Editor's Choice

fantastic cms
College Saint Andre Habereye Umuhango wo kwinjiza Intore mu zindi taliki ya 1 Ugushingoo 2024.
2024-11-04

About Us

Read More

Signup in College Saint Andre